20220704_101929.jpg

Gabriel Jesus muri Visit Rwanda nyuma yo kwemezwa nk’umukinnyi wa Arsenal (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Arsenal yatangaje ko yamaze gusinyisha umunya-Brésil Gabriel Jesus wakiniraga Manchester City.

Arsenal yahaye ikaze uyu rutahizamu ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Amafoto iyi kipe y’i Londres yashyize kuri Twitter yayo yerekana Gabriel Jesus ari muri Stade ya Emirates, yambaye umwambaro wa numéro 9 mu mugongo, wanditseho amagambo ‘Visit Rwanda’ ku kaboko.

Ni numéro mu busanzwe yambarwaga na rutahizamu Alexandre Lacazette wamaze gusubira muri Olympique Lyonnais y’iwabo mu Bufaransa.

Kuba Jesus yerekeje muri Arsenal bisobanuye ko agiye kujya afatanya na bagenzi we kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

Uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko amakuru avuga ko Arsenal yamutanzeho miliyoni 45 z’ama-Pounds.

Umukinnyi ubwe ni we wagaragaje icyifuzo cyo gukinira Arsenal, dore ko yongeye kwihuza na Mikel Arteta wahoze amutoza muri Manchester City.

Kuba Arsenal yashoboye gusinyisha uriya rutahizamu ndetse ikanaba iheruka kongerera amasezerano Eddie Nketiah, bisobanuye ko ibisubizo byahise biba byinshi ku ruhande rw’ubusatirizi bwayo.

Ni ibyanashimangiwe n’umutoza Arteta wemeje ko ikipe ye yakoze akazi gakomeye.

Ati: “Ndishimye cyane. Ikipe yakoze akazi gakomeye ku bwo kuzana umukinnyi wo kuri uru rwego. Ubwanjye Gabriel ndamuzi neza, kandi twese tuzi ibihe bye muri Premier league n’uko yitwaye neza hano.”

Arteta yunzemo ko uriya mukinnyi Arsenal yari imaze igihe kirekire yifuza uriya mukinnyi wifuzwaga na buri wese.

20220704_101929.jpg

20220704_101932.jpg

20220704_101926.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *