Gambia: Abandi baminisitiri bitandukanyije na guverinoma ya Yahya Jammeh

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe habura iminsi 3 gusa ngo manda ya perezida Yahya Jammeh wa Gambia irangire, abandi baminisitiri batatu bo muri guverinoma ye nabo beguye nyuma y’abandi baherutse kwegura.

Abaminisitiri beguye harimo uw’ububanyi n’amahanga, Neneh Macdouall-Gaye, uw’imari, Abdou Kolley ndetse n’uw’ubucuruzi, Abdou Jobe. Al Jazeera ikaba ivuga ko na minisitiri w’ibidukikije yeguye.

Iri yegura rije rikurikira iryo mu cyumweru gishize rya minisitiri w’itumanaho, Sheriff Bojang wahise anahunga igihugu ndetse na minisitiri wa siporo, Alieu Jammeh.

Iyegura ry’aba bagabo ryatangajwe kuri uyu wa kabiri nyuma y’umunsi umwe perezida w’urukiko rw’ikirenga, Emmanuel Fagbenle, atesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Yahya Jammeh asaba guhagarikwa kw’umuhango wo kurahiza perezida watowe, Adama Barrow.

Abaminisitiri beguye bose bahise basimbuzwa abandi na perezida Yahya Jammeh.

Biravugwa kandi ko abaturage benshi ba Gambia barimo guhungira mu gihugu cya Senegal nyuma y’aho igisirikare cya gambia gikomeje kugaragaza ko gishyigikiye perezida Jammeh mu gihe hitegurwa umuhango w’irahira rya barrow kuri uyu wa kane.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuryango uhuje ibihugu byo mu burengerazuba ECOWAS wagerageje gukemura iki kibazo mu mahoro usaba perezida Jammeh gutanga ubutegetsi nyuma yo gutsindwa mu matora ariko asa nk’uwavuniye ibiti mu matwi. Uyu muryango ukaba waratangaje ko nibiba ngombwa uzanakoresha ingufu za gisirikare ugakuraho uyu muyobozi.

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, perezida wa Senegal, Macky sall yemereye ubuhungiro Adama Barrow kugeza igihe azasubirira muri Gambia kurahira, aho biteganyijwe ko azaherekezwa na bamwe mu bakuru b’ibihugu byo muri Afurika.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *