Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye abantu batandatu bari mu kigero cy’imyaka 21 na 43 bakubise umugabo w’imyaka 63 bamuhora ko yibye bikamuviramo urupfu.
Icyaha bakurikiranyweho bagikoze ku itariki ya 05 Gashyantare 2025 mu karere ka Gasabo umurenge wa Jali, Akagari ka Nyabuliba, umudugudu wa Kirehe nkuko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.
Bivugwa ko aba bafashe umugabo w’imyaka 63 wari wibye umwe muri bo matera n’ibindi bikoresho byo mu nzu baramukubita baramukomeretsa ajyanwa ku bitaro bya Kibagabaga ari intere ari naho yapfiriye.
Icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake (byateye urupfu) bakurikiranyweho, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 agace ka (6) y’itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


