Gasabo: Yatemwe mu mutwe azira kwitwa ‘Umututsi’

Sangiza iyi nkuru

Umugore wo mu karere ka Gasabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko yatemwe n’uwamuhoraga ko ari Umututsi, birangira amukomerekeje mu mutwe.

Umukobwa uwatemwe abereye nyina wabo yumvikana muri video yifashe akayishyira ku mbuga nkoranyambaga, anenga cyane uwatemye umubyeyi we.

Ati “Mureke ibintu nka biriya bya Jenoside iriya ni imitekerereze y’ubucucu. Biriya ni ibintu birimo ubujiji bwinshi gushaka kwica umuntu gusa ngo ni uko ari Umututsi, byongeye muri ibi bihe bikomeye aho kumufata mu mugongo urashaka kumushengura birenze.”

Muri iyo video uriya mukobwa avuga ko umubyeyi we yatemwe mu ijoro ry’ejo hashize, ajyanwa kwa Muganga akaba “Yagaruye ubuzima.”

Yunzemo ati: “Ntibyakozwe n’umuntu mukuru wakoze Jenoside, byakozwe n’umuntu ungana natwe.”

Ku mbuga nkoranyambaga, haba kuri WhatsApp na Twitter abazikoresha banenze cyane uwakoze biriya ndetse basaba ko ubutabera bukora akazi kabwo.

Amakuru avuga ko uri inyuma ya buriya bugizi bwa nabi yamaze gutabwa muri yombi n’inzego bireba.

Uriya mudamu yatemwe mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko mu gihe cyo kwibuka abarokotse Jenoside bakorerwa bifitanye isano n’Ingengabitekerezo ya Jenoside bigamije gushinyagurira abarokotse.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yabwiye RBA ko kugeza ku wa 08 Mata mu gihugu hose hari hamaze kugaragara ibikorwa birimo ingengabitekerezo ya Jenoside 22, birimo bitanu byo mu mujyi wa Kigali.

CP Kabera yavuze hari hamaze gufatwa abantu 18 bari inyuma ya biriya bikorwa, abandi bane bakaba batari bagafashwe.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Gasabo: Yatemwe mu mutwe azira kwitwa ‘Umututsi’
    Twibaze mbere yo guca urubanza. Birashobokako bariya bantu baba bapfa ibindi bitari amako. Ariko kugirango bikare bakabitwikiriza amoko ndetse bakbizanamo jenoside. Nabyo ni ugupfobya! Ikindi cyo kwibazwaho ni ukuntu tuziko nta moko akiba mu Rwanda. Bamenye bate ubwoko bw’uwatemwe n’ubw’uwatemye? Ese anketi zararangiye maze bamenya icyateye uwatemye gukora icyo gikorwa kigayitse? Twibaze!

  2. Gasabo: Yatemwe mu mutwe azira kwitwa ‘Umututsi’
    Twibaze mbere yo guca urubanza. Birashobokako bariya bantu baba bapfa ibindi bitari amako. Ariko kugirango bikare bakabitwikiriza amoko ndetse bakbizanamo jenoside. Nabyo ni ugupfobya! Ikindi cyo kwibazwaho ni ukuntu tuziko nta moko akiba mu Rwanda. Bamenye bate ubwoko bw’uwatemwe n’ubw’uwatemye? Ese anketi zararangiye maze bamenya icyateye uwatemye gukora icyo gikorwa kigayitse? Twibaze!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *