Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko igisirikare cya Israel cyagabye igitero ku ishuri hafi ya Deir al-Balah, umujyi uri muri Gaza rwagati, gihitana byibuze Abanyapalestine 30 abandi 100 barakomereka .
Igisirikare cya Israel (IDF) mu butumwa cyatambukije kuri Telegramu, cyavuze ko ikigo gishinzwe kuyobora no kugenzura cya Hamas cyahishwe mu ishuri rya Khadija.
IDF yongeyeho ko Hamas yakoresheje ikigo nk’ahantu hihishe mu kuyobora no gutegura ibitero no kubika intwaro. Minisiteri y’ubuzima ya Gaza yavuze ko amashusho yerekanaga ko abahohotewe ari abasivili kandi benshi muri bo bakaba ari abana.
BBC ivuga ko yagenzuye videwo yerekana abana mu bakomeretse.
Igisirikare cya Israel gikomeza kivuga ko mbere y’igitero cyafashe ingamba zo kugabanya ingaruka ku baturage “harimo no gukoresha amasasu akwiye, kugenzura ikirere ndetse n’ubutasi bw’inyongera”.
Minisiteri y’ubuzima ya Gaza yavuze ko kuva ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, mu gitondo abantu 53 bishwe abandi 189 barakomereka kubera ibisasu bya IDF muri Deir al-Balah no mu Mujyi wa Khan Younis wo mu majyepfo.
Minisiteri y’ubuzima ya Gaza ivuga ko iki gitero cyabaye mu gihe Israel ikomeje ibikorwa byayo bya gisirikare bimaze amezi muri Gaza byahitanye Abanyapalestine barenga ibihumbi 39.
Intambara yatangiye igihe Hamas yagabaga igitero kuri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira, ihitana abantu bagera ku 1200 itwara bugwate abandi 251.


