Gen. Bunyoni yavuze ibikomeye bitaratungana yasigiye Ndirakobuca

Sangiza iyi nkuru

Général muri Polisi y’u Burundi Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe yatangaje ibikorwa bikomeye bitaratungana yasigiye Lieutenant Général Gervais Ndirakobuca wamusimbuye kuri iyi nshingano.

Ni mu gihe kuri uyu wa 8 Nzeri 2022 mu biro by’Umukuru w’Igihugu, Kwa Ntare Rushatsi, hagati y’aba bombi habaga ihererekanyabubasha.

Gen. Bunyoni yavuze ko igikorwa cya mbere ari icy’ikoranabuhanga kizifashishwa mu gutunganya gahunda no gukurikirana aho ziigeze, icya kabiri kikaba ari ikijyanye no kwegereza abaturage ubutegetsi ku rwego rwa za komini n’intara.

Igikorwa cya gatatu Gen. Bunyoni yavuze ko ari icyo gutunganya imishahara y’abakozi ba Leta, icya kane kikaba ari ukwita ku bajya mu kiruhuko cy’izabukuru kugira ngo bajye babona amafaranga mu buryo bukwiye.

Yabivuze ati: “Igikorwa cya mbere twaheraho ni ugutunganya neza ikoranabuhanga rishobore kudufasha haba mu gutunganya imigambi cyangwa gukurikirana no gusuzuma aho ibikorwa bigeze. Igikurikiraho ni ikizajyana na komini n’intara z’igihugu, biri mu bizafasha igihugu haba mu kwegereza abaturage ubutegetsi.”

Gen. Bunyoni yakomeje ati: “Igikorwa cya gatatu ni ikijyanye n’intumbero y’igihugu mu bijyanye no gutunganya neza imishahara y’abakozi ba Leta n’igikorwa kijyanye n’uburyo igihugu gisabwa kwita ku bajya mu kiruhuko cy’izabukuru, byibuze ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru ashobore gutahana umushahara yari agejejeho kandi n’abagiyemo kera na bo ntibibagirane.”

Minisitiri w’Intebe mushya, Ndirakobuca, yatangaje ko agiye kwihutira gutunganya ibi bikorwa Bunyoni yamusigiye kugira ngo bigere ku rwego igihugu cyifuza. Ibi ngo bizakorwa ku bufatanye n’abagize guverinoma y’u Burundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *