Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Christian Tshiwewe Songesa, kuri uyu wa Mbere yasuye ku rugamba Ingabo za Congo (FARDC) muri Masisi aho zimaze igihe zitana mu mitwe na M23.
Igisirikare cya Congo cyavuze ko uruzinduko rwa Gen Tshiwewe ari “ubutumwa bukomeye ku mwanzi.”
I Masisi mu minsi ishize habereye imirwano ikomeye hagati ya FARDC na M23, mbere y’uko impande zombi zifata icyemezo cyo guhagarika imirwano.
Kuri ubu ibyumweru birakabakaba bibiri muri aka gace hari agahenge, nyuma y’uko M23 ifashe icyemezo cyo kuva muri tumwe mu duce yahoze igenzura.
Ni uduce kuri ubu tugenzurwa n’Ingabo z’u Burundi zagiye muri Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bwo kuhagarura amahoro (EACRF).


