kai.jpg

Gen. Kainerugaba ntiyumva ukuntu Isi yita cyane kuri Ukraine, ikirengagiza Tigray

Sangiza iyi nkuru

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ntiyumva ukuntu Isi yitaye cyane ku ntambara ibera muri Ukraine, ikirengagiza iyo mu ntara ya Tigray muri Ethiopia.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 2 Gicurasi 2022, Gen. Kainerugaba yagize ati: “Isi yose iravuga kuri Ukraine ariko nta muntu uri kuvuga ku bavandimwe banjye muri Tigray?”

Uyu musirikare yakomeje abaza igihe abo muri Tigray bazakomeza kubabara, Isi itabitayeho. Ati: “Kugeza ryari abantu bacu muri Tigray bazababara mu gihe Isi ibirengagiza? Ese ni uko turi nk’abanya-Uganda?”

Gen. Kainerugaba asanzwe ashyigikira Tigray. Soma iyi nkuru https://www.bwiza.com/?Gen-Kainerugaba-yongeye-gushyigikira-byeruye-umutwe-wa-TPLF-uhanganye-na-Leta

Intambara y’ingabo za Tigray ziharanira ubwigenge bw’iyi ntara n’iza Leta ya Ethiopia yatangiye mu mpera z’umwaka w’2020, aho buri ruhande rwashinjaga urundi ubushotoranyi.

Muri yo, ingabo za Tigray zishinja iza Ethiopia guhohotera abaturage bo muri ubu bwoko muri iyi ntara, ariko Leta yo ikabihakana. Imiryango nk’uw’Ubumwe bw’Uburayi (EU) n’uw’Abibumbye (UN) yigeze gushaka kubikoraho iperereza.

Iyi ntambara imaze umwaka n’igice ntiyongeye kuvugwa cyane nyuma y’aho iya Ukraine n’u Burusiya itangiriye muri Gashyantare 2022.

Ibihugu byakurikiranaga hafi ibibera muri Ethiopia by’umwihariko muri Tigray, biri gushora imbaraga muri Ukraine, byoherezayo imfashanyo zitandukanye zirimo intwaro, binafatira u Burusiya ingamba zitandukanye kuko bibushinja gushoza iyi ntambara mu gihugu cyingenga.
kai.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *