Gen. Niyombare na Sinduhije bashakishwa n’u Burundi mu bakuriweho ibihano na USA

Sangiza iyi nkuru

Maj. Gen. Godefroid Niyombare na Alexis Sinduhije bashakishwa n’u Burundi kubera impamvu zirimo uruhare bubakurikiranyeho mu ihirika ry’ubutegetetsi ryageragerejwe kuri Pierre Nkurunziza, bari mu bo Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zakuriyeho ibihano.

Kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2021 ni bwo Perezida wa USA, Joe Biden yakuyeho ibihano igihugu cye cyari cyarashyiriyeho u Burundi tariki ya 22 Ugushyingo 2015, anabukura mu bihe bidasanzwe, byose byari byaratewe n’imvururu hamwe n’umutekano muke byatewe no kuba Nkurunziza yari yaratangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora igihugu.

USA ifatira u Burundi ibihano, yashinjaga bamwe mu bakomeye biganjemo abo mu nzego zishinzwe umutekano kuba inyuma y’ihohotera ryakorerwaga abaturage biganjemo abataravugaga rumwe n’icyemezo cya Nkurunziza cyo kongera kwiyamamaza.

Abafatiwe ibihano ni: Minisitiri w’Intebe CPG Alain Guillaume Buyonyi wari Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gen. Godefroid Bizimana, Gen. Cyrille Ndayirukiye, Gen. Gervais Ndirakobuca, Gen. Léonard Ngendakumana, Gen. Godefroid Niyombare, Joseph Mathias Niyonzima na Alexis Sinduhije.

Gen. Niyombare yigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’u Burundi rushinzwe ubutasi, SNR, aba na Ambasaderi w’iki gihugu muri Kenya. Ubu ari mu buhungiro nyuma yo kuyobora ihirika ryageragejwe kuri Nkurunziza muri Gicurasi 2015, rigapfuba.

Sinduhije, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi wigeze kuyobora igitangazamakuru RPA ashinjwa na Leta y’u Burundi gushinga umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara uyirwanya, kugaba ibitero bitandukanye muri uyu mwaka, akanashinjwa kuba umwe mu bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza.

Bivugwa ko gufatirwa ibihano na USA kandi atari muri Leta, byaba byaratewe n’urugomo abayoboke b’ishyaka rye, MSD (Mouvement pour la Solidarité et la Démocratie) baba baragize muri izi mvururu zabaye mu Burundi.

Ibihano u Burundi bwari bwarafatiwe, byatumye imitungo aba bakomeye bafite muri USA ifatirwa, bimwa n’uburenganzira bwo kongera kugirirayo ingendo. Kubikuraho bisobanuye ko iyi mitungo yarekuwe kandi bemerewe kugirira ingendo muri iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *