Ofisiye mukuru wari umaze imyaka 10 yarahunze Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Paul Mwilambwe yatunze agatoki uwahoze ari Komiseri Mukuru wa Polisi, Gen. John Numbi na Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu mu rubanza rw’urupfu rw’uwahoze ari impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya na Fidèl Bazana wari umushoferi we.
Chebeya na Bazana biciwe ku biro bikuru bya Polisi, i Kinshasa muri Kamena 2010. Icyo gihe Komiseri Mukuru yari Gen. Numbi, Mwilambwe we yari ashinzwe kwakira abagana ibi biro.
Mwilambwe nk’umutangabuhamya kuri uyu wa 8 Ukuboza 2021 yabwiye umucamanza mu rukiko rw’igisirikare ruri kuri gereza nkuru ya Ndolo urutonde rw’abo avuga ko bagize uruhare mu rupfu rwa Chebeya n’umushoferi; barimo abamaze gutabwa muri yombi ndetse n’abandi benshi bari mu buhungiro.
Uyu Ofisiye yasobanuye abacamanza ko Gen. Numbi [ari mu buhungiro kuva muri Gicurasi 2021) wari watumiye Chebeya ngo amusange kuri ibi biro ari we wateguye umugambi wo kwica aba bombi ndetse ngo ubwo bari bamaze gupfa, yavuganye na ‘Bosi’ we, amubuza kugira icyo avuga, amusezeranya ko we na Joseph Kabila baramufasha guhungira mu mahanga.
Yagize ati: “[Numbi] Yarambwiye, ntuvuge ibyo wabonye. Njyewe na Perezida [Kabila] tugiye kukurinda, turakujyana hanze y’igihugu ariko ntugomba kuvuga byose wabonye ku biro bikuru bya Polisi.”
Mwilambwe atanze ubu buhamya nyuma y’ubwatanze n’undi mupolisi witwa Jacques Mugabo na Daniel Mukalay bamaze guhamwa uruhare mu rupfu rwa Chebeya na Bazana. Afatwa nk’umutangabuhamya w’ingenzi cyane muri uru rubanza ndetse umuryango Voix des Sans Voix washinzwe n’iyi mpirimbanyi wasabye ko arindirwa umutekano, agatanga amakuru.



