Gen. Nyamvumba, Eduard Bamporiki,… bahinduriwe imirimo, Dr. Sezibera arasimbuzwa

Sangiza iyi nkuru

Ashingiye ku biteganywa n’itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku wa 4 Ugushyingo 2019, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobobozi mu buryo bukurikira:

-Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane ni Dr Vincent Biruta wasimbuye Dr Richard Sezibera.

-Minisitiri w’bidukikije ni Dr Jeanne Dárc Mujawamariya.

-Minisitiri w’umutekano mu Gihugu ni Gen. Patrick Nyamvumba wari Umugaba Mukuru w’Ingabo.

-Minisitiri wa Siporo ni Aurore Mimosa Munyangaju.

-Minisitiri w’urubyiruko n’Umuco ni Rose Mary Mbabazi.

Abanyamabanga ba Leta

-Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ni Edouard Bamporiki.

-Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ni Ignacienne Nyirarukundo.

Abanyamabanga bahoraho

-Umunyabanga uhoraho wa Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango ni Assumpta Ingabire.

-Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo ni Didier Shema Maboko.

-Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Imibereho myiza y’Abaturage ni Samuel Dusengiyumva.

Abandi bayobozi

-Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na kaminuza ni Dr. Rose Mukankomeje.

-Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye ni Tito Rutaremara.

-Umwe mubagize Urwego rw’Iguhugu Ngishwanama rw’Inararibonye ni Marc Kabandana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *