Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée-Conakry, Gen Sadiba Koulibaly, yasobanuye impamvu Col Mamadi Doumbouya uboye kiriya gihugu mu buryo bw’inzibacyuho aheruka kwirukana abarimo uwari ukuriye ubutasi bwa gisirikare.
Mu mpera z’ukwezi kwa Mata ni bwo Colonel Doumbouya yirukanye ku mirimo Lt Col Ismael Keita wari ukuriye ubutasi bwa gisirikare.
Icyo gihe ntihatangajwe amakosa uyu musirikare yari yakoze, gusa byavuzwe ko yazize “amakosa akomeye yakoze”.
Perezida Doumbouya mu iteka yasohoye ku wa 23 Mata kandi yirukanye ku mirimo uwari umuyobozi w’ikigo gishinzwe gutangirwamo amasomo yo kubungabunga amahoro, amusimbuza Colonel Moussa Keita wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée.
Gen Koulibaly ubwo yari kuri Televiziyo y’Igihugu, yasobanuye ko muri kiriya kigo hagaragaye ubujura bw’intwaro zari mu bubiko ari yo mpamvu uwari ugikuriye yirukanwe.
Ati: “Habayeho ubujura bw’intwaro. Habayeho kuburirwa irengero kw’intwaro nyinshi zari mu bubiko bwa CNP. Iyo hari ikibaye aho ari ho hose ku Isi haba muri Amerika, mu Bufaransa cyangwa mu bihugu bya Afurika, uwa mbere ubibazwa ni ukuriye umutwe w’Ingabo. Ku byerekeye intwaro nta mikino iba irimo. Umuyobozi ntiyahanwe kubera ko yari mu makosa, yahanwe kubera ko yananiwe kubahiriza inshingano ze.”
Ku bijyanye n’Umukuru w’ubutasi Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée yavuze ko we yazize ibiyobyabwenge inzego zitandukanye muri Guinée zari zarafashe byinjizwa muri iki gihugu; hanyuma bikarangira biburiwe irengero.
Yavuze ko nta kindi cyagombaga gukorwa uretse gufata iyi ntasi igashyikirizwa ubutabera.


