Gen. Tumwine agiye kwirukanwa ku mwanya wa Minisitiri w’umutekano

Sangiza iyi nkuru

Amakuru yizewe aravuga ko Perezida Yoweli Museveni wa Uganda agiye gusimbuza Gen. Elly Tumwine, Minisitiri w’Umutekano w’Igihugu ku mpamvu z’imyitwarire idahwitse.

Ikinyamakuru Spyreports gisanzwe kizwiho gutangaza amakuru atariho ivumbi (agataliko mfuufu) gitangaza ko Museveni ateganya gukora impinduka mu minsi iri imbere.

Umuntu wa hafi  yabwiye iki kinyamakuru ko mu nama yateranye kuwa 6 Nyakanga uyu mwaka mu ijoro, Museveni yavanye izina rya Gen. Tumwine ku mwanya wa minisitiri w’umutekano.

Uyu yavuze ko Museveni atanejejwe n’imyitwarire ya Gen. Tumwine mu nteko ishinga amategeko nyuma yo gushinjwa kuyisuzugura yitwaje ngo niumusirikare.

Yagize ati “  Nyuma y’aho Gen. Tumwine atumijwe n’inteko, Museveni yahise atumiza inama n’abasirikare bakuru nabo muri NRM kugira ngo baganire ku kibazo cya Gen. Tumwine.”

Avuga ko Museveni yanzuye ko uyu mugabo yaba ashyizwe ku ruhande mu gihe agikorwaho iperereza.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Kuri ubu abahabwa amahirwe yo kumusimbura harimo Lt. Gen. Katumba Wamala,  Gen, Jeje Odongo, Gen. Ivan Koleta.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *