Goma: Ikamyo yishe abantu 21, abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Goma ahaherera mu gace ka Kihisi, Teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku wa 19 Werurwe 2021 yatwaye ubuzima bw’abantu 21, abandi 16 barakomereka.

Aya makuru yemejwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kazivita nyuma yo kugera ahabereye iyi mpanuka.

Guverineri Kazivita yagize ati: “Twageze aho impanuka yabereye. Twabuze abantu 21. Hari 16 bakomeretse barimo 10 bari kuvurirwa mu bitaro bya Heal Africa (i Goma).”

Uyu muyobozi yihanganishije ababuze ababo, yongeraho ko Ibiro bya Perezida wa RDC ari byo byishyura ikiguzi cy’ubuvuzi buri guhabwa abakomeretse, ndetse ko bizishyura buri kimwe kizakenerwa mu gushyingura abapfuye.

Ibitangazamakuru byo murir RDC bivuga ko iyi kamyo yagenderaga ku muvuduko mwinshi yatewe n’ikibazo cyo kubura feri (frein). Ubwa mbere yagonze abantu batanu bahita bapfa, ikomeza igonga izindi modoka n’abandi bantu bari aho.

Ifoto: Politico

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *