Umukwabu mushya wa AFC / M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 19 Kanama, mu gace ka Kyeshero (Komini ya Goma), mu burasirazuba bwa Congo, wafatiwemo abantu benshi, biganjemo urubyiruko.
Uyu ni umukwabu wa kabiri ukozwe n’Ingabo za AFC/M23 mu Mujyi wa Goma muri uku kwezi, nyuma y’uwakorewe mu gace ka Mabanga-Sud (Komini ya Karisimbi) ku wa Gatatu, itariki ya 6 Kanama, nyuma y’ihungabana ry’umutekano ryari rimaze kwiyongera ndetse n’ibikorwa by’abantu bitwaje intwaro.
Nk’uko amakuru menshi abitangaza, guhera saa saba z’igicuku, ingabo za M23 zari zagose agace ka Kyeshero, basaba abaturage bose, urubyiruko, abakuze, ndetse n’abasaza, gusohoka mu ngo kugira ngo basuzume imyirondoro yabo mu gikorwa cyabereye mu kigo cy’itorero ry’Abadiventisti.
Nyuma y’iri genzura, hafashwe abantu benshi, nubwo umubare nyawo utaratangazwa n’ubuyobozi bw’iri huriro rirwanya ubutegetsi rigenzura Umujyi wa Goma.
Aba bantu bafashwe bakekwaho kuba bafitanye isano na FARDC hamwe n’amabandi amwe yitwaje intwaro bakwirakwiza iterabwoba muri Goma, cyane cyane mu gace ka Kyeshero.
Andi makuru yerekana ko iri fungwa ryashyizwe mu bikorwa nyuma y’amasasu yumvikanye ku mugoroba wo ku wa Mbere, itariki ya 18 Kanama, muri kariya gace k umujyi.


