Kompanyi ya Google ifite ikicaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatse Huawei uburenganzira bwo gukoresha uburyo bushya bwa Andoid.
Ubu buryo bwa Android ni bwo butuma telefone zikoresha imbuga nka YouTube, Gmail n’uburyo bw’amakarita twita ‘Maps’.
Huawei ni uruganda cyangwa kompanyi y’Abashinwa kandi ifite ikicaro mu Bushinwa. Ifungwa ryayo risanishwa n’intambara y’ubucuruzi iri hagati y’Ubushinwa n’Amerika.
Amerika yatangiye izamura imisoro ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa, na bwo ntibwabyihanganira, buzamura imisoro ku bituruka muri Amerika.
Mu minsi ishize, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatse iyi kompanyi uburenganzira bwo gukoresha ikoranabuhanga rifite inkomoko muri iki gihugu. Amerika ishinja uru ruganda ko rwinjira mu makuru yayo.
Mu cyumweru gishize, Perezida Donald Trump yashyizeho ibihe bidasanzwe bishingiye ku ikoranabuhanga. Yashyize Huawei ku rutonde rwa kompanyi zibujijwe gukoresha ikoranabuhanga ry’igihugu cye, ngo keretse nikurikiza amabwiriza y’ubutegetsi bw’igihugu. Ibyo Trump asaba Huawei ni na byo Google iyisaba.
Kwima Huawei uburenganzira bwo gukoresha ubu buryo bushya bivuze ko ubwo Google izaba ivugurura Android, abantu batunze bene ubu bwoko bwa telefone batazashobora kubona imbuga nka YouTube, Gmail ndetse ntibazaba banakoresha ‘Google Maps’.
Amakuru dukesha BBC avuga ko ku wa gatandatu, Ren Zhengfei, umuyobozi mukuru wa Huawei, yabwiye ibitangazamakuru byo mu Buyapani ko bari biteze ibi bikorwa by’Amerika ariko ngo bari kwishakira ibisubizo byabo.
Ubu ngubu, Huawei ni uruganda rwa kabiri mu gucuruza telefone nyinshi, inyuma ya Samsung yo muri Koreya y’Epfo. Apple y’inyamerika iri ku mwanya wa gatatu.


