Guinée: Col Mamady Doumbouya na bagenzi be bafatiwe ibihano

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO) wafatiye ibihano abasirikare barangajwe imbere na Lt Col Mamady Doumbouya baheruka guhirika ubutegetsi bwa Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry.

Ni nyuma y’inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu byo muri uriya muryango yateraniye i Accra muri Ghana, ku mugoroba w’ejo ku wa Kane.

Imyanzuro itandatu ni yo yafatiwe muri iriya nama, irimo uwa mbere w’uko Guinée ihagaritswe mu nzego zose z’uriya muryango kugeza igihe itegekonshinga ryayo rizongera kubahirizwa.

Undi mwanzuro nk’uko AFP yabitangaje ni uko abagize CNRD (Comité national du rassemblement et du développement) kuri ubu iyoboye Guinée mu buryo bw’inzibacyuho n’abagize imiryango yabo batemerewe gukorera ingendo mu bihugu bigize uriya muryango, ndetse imitungo yabo y’amafaranga ikaba igomba gufatirwa.

Biteganyijwe ko Perezida wa Ghana, Nana Akuffo-Addo unasanzwe ayoboye CEDEAO agomba kugirira uruzinduko i Conakry mu masaha 48 ari imbere, mu rwego rwo gusaba irekurwa ry’ako kanya rya Alpha Condé ufungiye ahantu hatazwi nyuma yo guhirikwa ku butegetsi.

Mu biba bijyanye Perezida wa Ghana i Conakry kandi harimo kandi bgushyikiriza imyanzuro y’inama ya CEDEAO abayobozi bashya ba Guinée.

Iyi nama kandi yanakomoje ku nzibacyuho muri Guinée, ivuga ko itagomba kurenza amezi atandatu. Ni inzibacyuho igomba kuyoborwa na Col Mamady Doumbouya, akungirizwa na Minisitiri w’Intebe w’umusivile.

Ku bwa Jean-Claude Kassi Brou, Perezida wa Komisiyo ya CEDEAO, Guinée igomba gusubira ku itegeko nshinga vuba bishoboka.

Yagize ati: “Basobanuye neza ko inzibacyuho yatangiye igomba kuba ngufi. Ndetse bageze kure cyane, bavuga ko iyi nzibacyuho itagomba kurenza amezi atandatu.”

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *