Guverinoma y’u Burundi ishobora kwihimura ku Bwongereza

Sangiza iyi nkuru

Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Burundi, kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 byatangaje ko iki gihugu kizihimura kuri Guverinoma y’u Bwongereza iherutse gukumira abagiturukamo.

Tariki ya 28 Mutarama 2021 ni bwo Guverinoma y’u Bwongereza yongereye u Burundi, u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) ku bihugu ababiturukamo batemerewe kujyayo.

Ni icyemezo yafashe igaragaza impungenge z’uko ubwandu bushya bwa Coronavirus bwagaragaye muri Afurika y’Epfo bushobora no kugera muri ibi bihugu bitatu; abagenzi baturukamo bakaba bacyinjiza mu Bwongereza, gitangira kubahirizwa ku munsi wakurikiyeho.

Iyi Minisiteri yo mu Burundi yasubizaga ubutumwa bw’Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe ubutwazi, Hon Grant Shapps, yagaragaje ko impamvu y’icyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza kitumvikana, ishingiye ku kuba iki gihugu (u Burundi) kiri mu byagerageje guhashya icyorezo cya Covid-19 mu buryo bugaragara.

Irangije iti: “U Burundi bushobora gushyira mu bikorwa ihame ryo kwihimura mu gihe iki cyemezo [cya Guverinoma y’u Bwongereza] cyaba kitavuguruwe.”

Si u Burundi gusa bwamaganye iki cyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza, kuko na Leta y’u Rwanda iherutse kwandikira iki gihugu, igisobanuza ku buryo burambuye ibyashingiweho gifatwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *