Hamenyekanye umutoza ushobora gusimbura Thierry Froger muri APR FC

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Julien Chevalier aravugwa muri APR FC, nk’umusimbura wa mwene wabo Thierry Froger Christian utoza iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc ni we watangaje ko uyu mutoza yaba ari mu biganiro n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Froger utaratsindwa umukino n’umwe kuva shampiyona yatangira amasezerano y’umwaka umwe yasinyanye na APR FC azarangira mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Uyu mutoza cyakora yakunze kunengwa n’abafana b’iriya kipe y’Ingabo z’igihugu ahanini bitewe n’uburyo akinisha ikipe.

Chevalier bivugwa ko ashobora kumusimbura asanzwe atoza ikipe ya ASEC Mimosas yo muri Cote d’Ivoire.

Mu mwaka ushize iyi kipe yayihesheje igikombe cya shampiyona, ndetse kuri ubu yamaze kuyigeza muri 1/4 cy’irangiza cya CAF Champions league nyuma yo kuyobora itsinda ryarimo Wydad Casablanca yo muri Maroc na Simba Sports Club yo muri Tanzania.

Iyi kipe muri 1/4 izahura na Esperance de Tunis yo muri Tunisia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *