Harabura amasaha abarirwa ku ntoki ngo impunzi z'Abarundi zicyurwe ku ngufu

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’Abarundi mu nkambi zo muri Tanzania zivuga ko zifite  ubwoba ko umugambi wo kuzicyura ku ngufu ushobora gukorwa kuko igihe cyageze kandi nta kindi bongeye kubwirwa.

Muri Kanama 2019, izi mpunzi zabwiwe na Leta ya Tanzania ko kuva ku itariki ya 1 Ukwakira bazatangira gucyurwa ku neza cyangwa se ku ngufu, iyi tariki ikaba ibura amasaha abarirwa ku ntoki.

Umwe mu mpunzi zo mu nkambi ya Nyarugusu, kuri uyu wa mbere yabwiye BBC ati: “Nta myiteguro tubona, ariko batubwiye ko tuzabyuka dusanga imodoka duhagararanye”.

Uyu mugambi wa Leta ya Tanzania wanenzwe n’imiryango mpuzamahanga itandukanye. Umuvugizi wa HCR mu karere. Dana Hughes yasabye Leta ya Tanzania n’iy’u Burundi guhagarika uyu mugambi bakubahiriza amategeko mpuzamahanga agenga impunzi.

Gusa ku ruhande rwa Leta ya Tanzania nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Imbere mu Gihugu, Kangi Lugola, yavuze ko nta mpamvu yo gukomeza gucumbikira izi mpunzi mu gihe icyo zahunze kitagihari.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *