Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko ingabo z’iki gihugu zimaze iminsi itatu zirwana n’abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.
Nk’uko urubuga rwa SOS rubivuga, iyi mirwano iri kubera mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri Zone ya Butahana muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke.
Uru rubuga ruvuga ko iyi mirwano yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize (ku wa Gatandatu/ku Isabato), ngo ubwo aba bitwaje intwaro biteguraga kugaba igitero mu Rwanda, ingabo z’u Burundi zikabagwa gitumo.
Icyo gihe, ingabo z’u Burundi zaba zarafashe mpiri abarwanyi 16 muri bo, hafatwa n’intwaro zabo 12 za AK-47.
Inkuru ya SOS ivuga ko abarwanyi bagera kuri 2 bishwe, mu gihe ingabo z’u Burundi zigera kuri 15 zakomeretse, gusa ngo iyi ikaba ari imibare y’agateganyo.
Abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bazwiho gushinga ibirindiro mu ishyamba rya Kibira ni abarwanyi b’umutwe wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, akenshi wagiye utangaza ko uba ku butaka bw’u Rwanda mu ishyamba rya Nyungwe.
Umutwe wa FLN kandi wagiye wigamba kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda kuva mu mwaka w’2018 mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, ahegereye Nyungwe.
Nta wundi mutwe witwaje intwaro urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wigeze wumvikana muri aya mashyamba (Kibira na Nyungwe) ari majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


