img_20211112_062659.jpg

Haruna Niyonzima yashimiwe na FERWAFA (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yashimiwe n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo kugaragara ku rutonde rwa FIFA Century Club.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA yasohoye urutonde yise FIFA Century Club, ruriho abakinnyi bakiniye amakipe y’ibihugu byabo imikino irenga 100 mu mateka y’umupira w’amaguru.

Ni urutonde ruriho ibihangange muri ruhago birangajwe imbere na Lionel Messi cyo kimwe na Cristiano Ronaldo.

Haruna Niyonzima ni umwe mu barugaragayeho kuko ubwo rwashyirwaga hanze yari amaze gukinira Amavubi imikino 104 yemewe na FIFA.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31 yagaragaye mu mukino w’injonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi Amavubi yatsindiwemo na Mali i Kigali igitego 3-0.

Wari umukino wa 105 Haruna yakinaga yambaye umwambaro w’igihugu.

Mbere y’uyu mukino Niyonzima yashyikirijwe umwambaro w’ikipe y’Igihugu uriho imikino 105 amaze kuyikinira n’ifoto ye nini yambaye umwambaro w’Amavubi.

Haruna usanzwe ukinira AS Kigali, yatangiye gukinira u Rwanda ubwo rwahuraga na Somalia muri CECAFA ku wa 27 Ugushyingo 2006.

Nubwo muri FIFA bigaragara ko amaze gukina imikino 105 mu Amavubi, muri rusange yakinnye 109, ariko indi ine itabarwa n’iyo u Rwanda rwahuyemo na Zanzibar muri CECAFA ubundi ibarizwa muri Tanzania mu marushanwa yemewe na CAF na FIFA.

Uyu mukinnyi aherutse gutangaza ko umukino w’u Rwanda na Kenya uteganyijwe ku Cyumweru ari wo uzagena ahazaza he mu kipe y’Igihugu.

img_20211112_062659.jpg

img_20211112_062655.jpg

img_20211112_062704.jpg

img-20211111-wa0062.jpg

img-20211111-wa0061.jpg

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Haruna Niyonzima yashimiwe na FERWAFA (Amafoto)
    Congs Haruna Niyonzima abavuga ngo warushaje shame upon them.keep it up.

  2. Haruna Niyonzima yashimiwe na FERWAFA (Amafoto)
    Congs Haruna Niyonzima abavuga ngo warushaje shame upon them.keep it up.

  3. Haruna Niyonzima yashimiwe na FERWAFA (Amafoto)
    Congs man nkunda ukuntu wicisha bugufi na discipline ugira komeza ujye mbere

  4. Haruna Niyonzima yashimiwe na FERWAFA (Amafoto)
    Congs man nkunda ukuntu wicisha bugufi na discipline ugira komeza ujye mbere

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *