Haruna Niyonzima yasubije umutoza Amavubi wamushinje kuba nta cyo yigeze akorera u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yasubije umutoza Carlos Alos Ferrer wigeze kumushinja kuba nta cyo yigeze afasha ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ amaze imyaka irenga 15 akinira.

Haruna Niyonzima kuri ubu ntari mu bakinnyi uriya munya-Espagne yitabaje ku mukino Amavubi y’u Rwanda azahuriramo na Os Mambas ya Mozambique ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, bashaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri CĂ´te d’Ivoire.

Kuva uriya munya-Espagne ahawe inshingano zo gutoza Amavubi yahamagaye Haruna Niyonzima incuro ebyiri, nyuma yo kumushyira ku ruhande amushinja kuba amuvangira.

Mu minsi ishize uyu mutoza yabajijwe na B&B FM Umwezi impamvu atajya ahamagara uyu mukinnyi umaze gukinira Amavubi imikino 107; avuga ko ntacyo abona yamufasha.

Ati: “Haruna namukoresheje mu mikino ibiri yo gushaka itike ya CHAN. Ni imwe mu mikino mibi nagize. Haruna yahamagawe incuro zingahe mu kipe y’igihugu? Muri izo ncuro yakoze iki? Yigeze ayifasha kubona itike y’Igikombe cya Afurika? Njye sindeba ngo umukinnyi yitwara ate mu kipe akinira, ndeba ngo yankoreye iki mu kipe y’igihugu.”

Haruna mu kiganiro B-Wire cya B&B FM yavuze ko kuba yarakinnye imikino yo gushaka itike ya CHAN bikarangira Amavubi asezerewe na Ethiopia ari byo, gusa yibutsa ko ari yo mikino ya mbere yari akinnye bikarangira u Rwanda rubuze itike.

Ati: “Nanjye icyo kibazo nakimubaza.”

Uyu mukinnyi wa Al Ta’awon yo muri Libya yakomeje agira ati: “Kuba ntahamagarwa mu kipe y’igihugu si ikibazo gikomeye. Ahubwo wa muntu yahamagaye ku mwanya wa Haruna niba abona azamufasha numva nta mpamvu yo kuvuga kuri Haruna.”

Ku bijyanye n’uko ntacyo yaba yarakoreye u Rwanda, Haruna Niyonzima yasobanuye ko umupira w’amaguru utagizwe n’umuntu umwe.

Yakomeje agira ati: “Ko yaje mu Rwanda si imikino ibiri ya CHAN yari ampaye? Ese izindi ntakinnye zo yazitwayemo neza? Njyewe mbere na mbere nta n’ubwo afite ubushobozi n’uburenganzira bwo kumvugaho, kubera ko n’ubwo ntaba narajyanye ikipe y’Igihugu muri CAN, kwihangana nkakina iyo mikino muri ibyo bibazo byose ntabwo biba byoroshye.”

“Buriya ntibakakubeshye twe dufite n’abadamu, hari n’igihe utaha ntusuhuze umugore n’umwana cyangwa waba ushonje ntunarye. Abantu ariko bumva ko ari ibintu byoroshye.”

Ku bwa Haruna, ntiyumva impamvu umutoza Carlos yamukinishije umukino ubanza u Rwanda rwanganyirijemo na Ethiopia muri Tanzania, hanyuma bikarangira amukinishije uwo kwishyura wabereye i Huye kandi yari yaritwaye nabi.

Haruna Niyonzima amaze gukinira Amavubi imikino 107 kuva yayahamagarwamo bwa mbere muri 2006.

Uyu mugabo avuga ko ku mutima we yumva urugendo rwe mu kipe y’igihugu rwararangiye, bijyanye no kuba atagihabwa icyubahiro akwiriye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *