Abadipolomate baraburira ko amaraso menshi y’abasivile ashobora kumeneka mu ntara ya Tigray mu gihe inyeshyamba zigenzura iyi ntara zayivanwamo n’ingabo za Ethiopia n’iza Eritrea.
Avuga ko abasivile barimo kwicwa kandi abakomeretse ntibatabarwe kuko iyi ntara yagoswe. Imijyi irimo kuraswa ibisasu igasenyuka burundu, nk’uko bivugwa na Tedros Ghebreyesus, umukuru w’ishami rya ONU ryita ku buzima, WHO/OMS, ukomoka muri Tigray. Inkambi zirimo miliyoni z’abantu bahunze imirwano nazo zirimo kuraswaho, nk’uko bivugwa na Samantha Power, ukuriye ikigo cy’iterambere cya Amerika. Niba ingabo za Ethiopia n’iza Eritrea zifashe iyi ntara muri ibi bitero, hari ubwoba bwinshi “bw’ubwicanyi bukomeye bushobora kwibasira abasivile”, nk’uko Samantha abivuga. Tigray imaze amezi 17 igoswe, kandi imirwano yongeye kubura nyuma y’uko agahenge kari kamaze amezi atanu impande zombi zikarenzeho muri Kanama. Abantu bagera kuri miliyoni imwe bugarijwe n’inzara. Umuryango w’Ubumwe bwa Africa (AU) nawo urimo kunga mu ijwi ry’amahanga usaba ko intambara ihagarara hakongera kubaho ibiganiro. Urwango rwakomeje gukomera hagati y’impande zombi rwerekana ko nta kabuza abazatsindwa bazahanwa nta mpuhwe.


