Huye: Umugabo w’imyaka 46 akurikiranweho icyaha cyo gutwika umugore we

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wo mu karere ka Gisagara akurikiranweho n’ubushinjacyaha icyaha cyo gutwika umugore we avuga ko yagitewe n’inzoga.

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye bukaba bukurikiranye uyu mugabo w’imyaka 46 ukekwaho kuba yaratwitse umugore we w’imyaka 38 y’amavuko, amushyize mu ziko.

Iki cyaha cyakozwe ku itariki 08 Kamena 2021 mu gihe cya saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Kavumu, Akagari ka Nyeranzi, Umurenge wa Gishubi, Akarere ka Gisagara, aho basanze umugore yahiye akaguru k’iburyo.

Nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, ubwo uyu yahatwaga ibibazo yemeye ko ari we watwitse umugore we, asobanura ko yamukubise urushyi yarangiza akamutsindagira akaguru mu ziko aho yarimo kotsa ibigori, abitewe n’inzoga no kuba yari yanze kumusubiza ubwo yari amubajije niba yahiriye ingurube ubwatsi.

Icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo kigera ku myaka 15 n’ihazabu ya miliyoni eshanu, nk’uko giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 121 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *