Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye kuwa Mbere ushize bwashyikirijwe dosiye y’umukecuru w’imyaka 72 ukekwaho gucuruza urumogi,wafatiwe mu rugo iwe ku itariki ya 21 Mutarama 2022 mu Mudugudu wa Bumbogo, Akagari ka Mwurire, Umurenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye afite udupfunyika 41 tw’urumogi yagurishaga.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko ubwo yabazwaga uyu mukecuru yemeye ko yacuruzaga urumogi, ko yaruzanirwaga n’umukwe we yamara kurucuruza akamushyikiriza amafaranga avuyemo, abisabira imbabazi.
Aramutse ahamwe n’icyaha akurikiranweho, yahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga arenze miliyoni 20.000.000 ariko atarenze miliyoni 30.000.000, hashingiwe ku ngingo ya 11 y’itegeko No 69/2019 ryo ku wa 8/11/2019 rihindura itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


