20250206_180559

I Bukavu batangiye kwikanga M23

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu mujyi wa Bukavu aravuga ko ibikorwa bimwe na bimwe byatangiye gufunga imiryango, mu gihe hari ubwoba bw’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zakwigarurira uyu mujyi.

Kaminuza y’Abagatolika y’i Bukavu iri mu yafashe iya mbere mu kuba ihagaritse ibikorwa byayo, ku mpamvu z’umutekano.

Iyi Kaminuza mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane, yavuze ko guhera ejo ku wa Gatanu izaba ihagaritse gutanga amasomo ku mpamvu yise iz’u”umutekano ukomeje kuzamba mu bice bikikije Umujyi wa Bukavu.”

Kaminuza ya ISDR (Institut Supérieur de Dévelopment Rural) na yo yatangaje ko guhera ejo ku wa Gatanu izaba ifunze imiryango.

Andi makuru avuga ko abasirikare baba mu mujyi wa Bukavu batangiye guhungisha imiryango yabo, mu gihe abacuruzi bafite amaduka akomeye muri uyu mujyi na bo batangiye guhungisha ibicuruzwa byabo hirindwa ko byasahurwa.

Ab’i Bukavu bakomeje kwikanga M23, mu gihe ku wa Gatatu tariki ya 5 Werurwe inyeshyamba z’uyu mutwe zigaruriye Centre y’ingenzi ya Nyabibwe iherereye mu majyaruguru y’uyu mujyi.

Ku wa Gatatu kandi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko M23 yari yamaze no kugera mu gace ka Ihusi.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kane, yerekana abarwanyi ba M23 bari ahitwa Katana, agace gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 11 uvuye i Kavumu hafi ya Bukavu.

Uyu mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo hari ubwoba bw’uko ushobora kwigarurirwa na M23, nyuma y’icyumweru kimwe uyu mutwe wigaruriye Umujyi wa Goma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *