I Mweso umuriro wabyutse waka hagati ya M23 n’Ihuriro rya FARDC abaturage bakwira imishwaro

Sangiza iyi nkuru

Ku isaha ya 8h00 za mu gitondo zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mutarama 2024, i Mweso muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habyukiye imirwano ikomeye yahuje M23 n’ihuriro rya FARDC abaturage bakwira imishwaro.

Ni imirwano ikaze yabaye mu duce turimo Gaza na Kanyangohe yatangijwe na FARDC ubwo yagabaga ibitero kuri M23, maze nayo yinjira mu mirwano habaho guhangana ari nako abaturage bakwira imishwaro bashaka aho bahungira , nkuko bigaragara mu mashusho ikinyamakuru KivumorningPost cyashyize kuri Twitter(X).

Ni nyuma y’uko muri Mweso n’ubundi mu ntangiro z’iki Cyumweru hari habaye imirwano yashyamiranyije izi mpande zombi maze FARDC yitabaza indege zivuye i Kinshasa.

Ibi bitero byagabwe na FARDC, bije nyuma y’uko M23 isohoye itangazo rigaragaza abayobozi bo muri uyu mutwe bahawe inshingano zo kuyobora uduce tuyoborwa n’aba barwanyi.

Ni itangazo ry’uyu mutwe ryashyizweho umukono na Perezida wawo, Bertrand Bisimwa, riha ububasha n’inshingano abayobozi barimo uwitwa Prince Mbabuka wahawe kuyobora Teritwari ya Rutshuru, na ho uwitwa Dr Bolingo Salomon agirwa umuyobozi wayo wungirije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *