Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yahaye ibihugu bya Uganda, Tanzania na Kenya kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
Ni bwo bwa mbere CAN igiye kubera mu karere ka CECAF kuva mu 1976, ubwo Ethiopia yakiraga ririya rushanwa.
Mbere y’aho Maroc izaba yakiriye Igikombe cya Afurika cya 2025.
Ni irushanwa yahawe kwakira ihigitse GuinĂ©e-Conakry yambuwe kuryakira kubera impungenge z’ibikorwa remezo bidahagije.
Zambia na Nigeria yari yifatanyije na BĂ©nin na bo bari basabye kwakira CAN ya 2025, gusa biba ngombwa ko ibi bihugu bikuramo Kandidatire zabyo mu rwego rwo kongerera Maroc amahirwe yo kwakira Igikombe cy’Isi cya 2030.
Ni irushanwa izaba ihataniye kwakira n’ibihugu bya Espagne na Portugal.


