Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 26 Mutarama 2021 yatangaje ko hari ibihugu bikize byasabye inkingo z’icyorezo cya Covid-19 kandi bitanazikeneye mu gihe cya vuba, akabibona nk’uburyo bwo kuzigomwa ibihugu bikennye.
Yabitangarije mu nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (World Economic Forum), asaba ibi bihugu kureka kwikubira izi nkingo, bikibuka na bigenzi byabo bitifite, ati: “Dukeneye ko biriya byikubiye inkingo byazirekura, ibindi bihugu nabyo bikazibona.”
Yakomeje asobanura uburyo ibi bihugu bikize byafashemo inkingo, ati: “Ibihugu bikize ku Isi byaragiye, bifata doze nyinshi z’inkingo…bimwe muri byo yewe bifata izikubye kane ku zo abaturage babyo bakeneye…byirengagije ibindi.”
Perezida Ramaphosa yavuze ko mu gihe igihugu kimwe gikingiye abaturage bose, ikindi ntikibashe inkingo, n’ubundi byaba bisa no kuruhira ubusa. Yasabye ko byose byasenyera umugozi umwe, iki cyorezo kigacika hose.
Ibihugu biri ku mugabane wa Afurika biri mu bivugwaho ko bishobora kuzagirwaho ingaruka no kuba ibihugu bikize ku Isi byarikubiye inkingo za Covid-19, bitewe n’uko ibyinshi muri byo bikennye, hakaba hari impungenge ko iki cyorezo gishobora kuzabimaramo igihe kirekire.


