Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Ethiopia kuri iki Cyumweru bazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira Guverinoma ya Abiy Ahmed ihanganye n’inyeshyamba zishaka kwigarurira umurwa mukuru.
Bamwe mu bigaragambya bamaganye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri mu bihugu byasabye ihagarikwa ry’imirwano hagati y’ingabo za Ethiopia n’inyeshyamba ziyobowe na TPLF, bakajya mu biganiro.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Akanama k’Umutekeno ka Loni, Afurika Yunze Ubumwe, Kenya na Uganda bimaze iminsi bisaba ko imirwano ihagarara nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Guverinoma ya Abiy ariko yo yiyemeje gukomeza kurwana. Kuwa gatanu, iyi guverinoma yatangaje ko ifite inshingano zo kugarura umutekano mu gihugu, ndetse isaba abafatanyabikorwa mpuzamahanga gushyigikira demokarasi ya Ethiopia.
Kuwa kabiri ushize, ubuyobozi bwa Biden bwashinje Ethiopia guhonyora bikabije uburenganzira bwa muntu ndetse buvuga ko buteganya gukura iki gihugu mu masezerano y’ubucuruzi ya AGOA (African Growth and Opportunity Act).

Bamwe mu bigaragambya babajije impamvu Amerika itagirana imishyikirano n’imitwe y’iterabwoba nka Al Shabab cyangwa Al Qaida, abandi bakavuga ko ishaka kugira Ethiopia nka Afghanistan ariko bitazashoboka.



4 Responses
Ibihumbi by’Abanya-Ethiopia byazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira guverinoma
Yewe ntivyoroshe gusimanayomwijuru izarokorabayo kuko nanjendimubuhungirokumvozibibazo vyigihugucacyuu congo
Ibihumbi by’Abanya-Ethiopia byazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira guverinoma
YEWE BIRAGOY ARIKO NDUMVA IYO MITWE YITWAJE INTWARO AKAZE!
Ibihumbi by’Abanya-Ethiopia byazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira guverinoma
YEWE BIRAGOY ARIKO NDUMVA IYO MITWE YITWAJE INTWARO AKAZE!
Ibihumbi by’Abanya-Ethiopia byazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira guverinoma
Yewe ntivyoroshe gusimanayomwijuru izarokorabayo kuko nanjendimubuhungirokumvozibibazo vyigihugucacyuu congo