Ibikorwa bya Sokola II bimaze guhitana inyeshyamba 140 za FDLR — FARDC

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu 2015 kugeza muri Nyakanga 2016, byibuze abarwanyi 140 ba FDLR barishwe, 323 batabwa muri yombi, mu gihe 191 bishyize mu maboko ya Monusco nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola II, ubw yatangazaga aho, igikorwa cyo guhiga izi nyeshyamba z’Abanyarwanda n’indi mitwe yitwaje ibirwanisho muri Walikale, Rutshuru, Masisi na Nyiragongo, bigeze.

Hagati aho, sosiyete sivile yo muri ibi bice kuri uyu wa 03 Kanama, yatangaje ko umutekano ukomeje kubura muri iki gice.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola ya 2, Capt. Guillaume Ndjike Kaiko akaba yatangaje ko muri icyo gihe gishize abarwanyi 116 b’Abanyekongo bishwe, abandi 936 bagafatwa cyangwa bakitanga. Kuri we ngo iyi mibare yatangaje kuwa Gatandatu ushize nk’uko Radio Okapi ivuga, ni ukuri.

Rutshuru 2

Ubuyobozi bwa sosiyete sivile mu bice twavuze haruguru birebwa n’iki gikorwa cya Sokola II, bavuga ko koko hari icyahindutse, ariko ko hakiri ingorane zo gukura mu nzira.

Mambo Kawaya, perezida wa sosiyete sivile ya Nyiragongo, yavuze ko aha hantu hari icyahindutse, ariko ko gushimuta abantu bikorwa n’abantu bitwaje intwaro no gucera kwa hato na hato kwa FDLR, bigaragaza ko Sokola II itaragera ku ntego zayo.

Naho Tchiza Ntamenya ukuriye sosiyete sivile muri Rutshuru, atangaza ko ibikorwa bya Sokola II byagize akamaro muri Rushuru mu mujyi ariko ko hirya mu cyaro cya Rutshuru nko muri Bweza, muri Bwito ntakigenda.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *