Ibikorwa byo gusahura MONUSCO byakomeje i Goma

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aravuga ko kuwa Kabiri habayeho ibikorwa byo gusahura inyubako za MONUSCO mu mujyi wa Goma nyuma y’imyigaragambyo yo kuwa Mbere nayo yaranzwe n’ubusahuzi no gutwika ibintu bitandukanye.

MONUSCO yamaganye ibitero ku nyubako zayo i Goma ivuga ko amahoro atazabonekera “mu mvururu”.

Imyigaragambyo ikomeye yageze mu ijoro ryo kuwa mbere yabayemo gusahura no gutwika zimwe mu nyubako za MONUSCO i Goma.

Mu gitondo kuri uyu wa Kabiri abaturage bigabije kimwe mu bigo bya MONUSCO i Goma basahura ibikoresho byacyo, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Amakuru avuga ko kuwa mbere hari abasivile barashwe bagakomereka ndetse ko hari n’abapfuye mu gihe abapolisi ba MONUSCO bageragezaga guhagarika abateye inyubako zayo.

Kuwa kabiri, Khady Lo Ndeye umuvugizi wa MONUSCO yabwiye BBC ko batari mu gihe cyiza cyo kugira icyo bavuga kuri ibi.

Hari ubwoba ko iyi myigaragambyo n’ubusahuzi bishobora gukomera kuri uyu wa kabiri.

Abigaragambya bavuga ko bashaka ko izi ngabo za ONU ziva mu gihugu cyabo, ariko barimo kurangwa n’ibikorwa byo gusahura.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

2 Responses

  1. Ibikorwa byo gusahura MONUSCO byakomeje i Goma
    Arko mwagiye mugaragaza namafoto mumakuru muduha murakoze

  2. Ibikorwa byo gusahura MONUSCO byakomeje i Goma
    Arko mwagiye mugaragaza namafoto mumakuru muduha murakoze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *