mv_sigulu.jpg

Iby’ingenzi ku bwato bushya bwa Uganda butwara abantu 300 n’imodoka 18

Sangiza iyi nkuru

MV Sigulu ni ubwato bunini Uganda igize mu mateka, bukaba bufite ubushobozi bwo kwikorera imodoka 18 no gutwara abagenzi 300 icya rimwe.

Ubu bwato bwatangiye gukora ku mugaragaro tariki ya 3 Ukuboza 2020 mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Icyo gihe Perezida Museveni yagize ati: “Ubwato bwa Sigulu ni bwo bwato bunini bwa Uganda, bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 300 n’imodoka zirenga 18.”

mv_sigulu.jpg Museveni ubwo yitabiraga uyu muhango

Buzajya bukorera mu kiyaga cya Victoria, buhuza Akarere ka Namayingo n’ibirwa bya Sigulu na Lolwe mu ntera y’ibilometero bigera muri 50, bworohereje abaturage gukora ingendo, bubashe abarobyi gutwara umusaruro w’ibikomoka ku burobyi ndetse bugabanye n’imfu zaterwaga n’ubwato butoya bakoreshaga.

Bwubakiwe ku kirwa cya Sigulu n’ikigo cyubaka amato cyo muri Denmark cyitwa JGH Marine, bwuzura butwaye amashilingi ya Uganda miliyari 16.

photo-30-07-2019-09-56-05-1024x682.jpg Aha ni ho ubu bwato bwubakirwaga

fb_img_16075309804092150.jpg MV Sigulu ni ubwato bufite ubushobozi bwo kwikorera imodoka 18

photo-30-07-2019-09-56-08-1024x682.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *