Minisiteri y’Ubutabera mu Burundi yatangaje ko Général de Police Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu afungiwe ibyaha bitatu, birimo icyo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Bunyoni byakekwaga ko yaba yarahungiye muri Tanzania yatangiye gucicikana ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 21 Mata 2023.
Uyu wari umaze iminsi ashakishwa n’ubushinjacyaha bw’u Burundi bivugwa ko yafatiwe mu ntara ya Bujumbura Rural, gusa kuva atawe muri yombi u Burundi ntibwari bwagatangaje ibyaha bumukurikiranyeho ndetse n’aho afungiye.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutabera bw’u Burundi, Agnès Bangiricenge mu kiganiro n’itangazamakuru, yavuze ko Gen Bunyoni afunzwe n’Urwego rushinzwe iperereza akurikiranweho gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Yagize ati: “[Gen Bunyoni] afungiwe mu iperereza, mu byo ashinjwa harimo guhungabanya umutekano w’igihugu, arashinjwa kandi guhungabanya umutungo w’igihugu ndetse n’inyungu z’akazi zatadakurikije amategeko.”
Bangiricenge yunzemo ko kugeza ubu Bunyoni kuva atawe muri yombi atarabonana n’abo mu muryango we, gusa bikaba byitezwe ko mu gihe cya vuba uzabasha kumubona.
Bunyoni wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Burundi na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu yatawe muri yombi, mu gihe inzego z’umutekano mu Burundi zaherukaga gusaka ingo ze ziri i Bujumbura zikeka ko zaba zihishemo za miliyari z’amafaranga y’Amarundi ndetse n’intwaro.
Mu Ugushyingo umwaka ushize ni bwo uyu mugabo wari ufite ipeti riruta ayandi muri Polisi y’u Burundi yirukanwe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u yari amazeho imyaka ibiri, asimburwa na Lt Gen Gervais Ndirakobuca.
Perezida Ndayishimiye yamwirukanye nyuma yo kumukekaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi nk’uko yabitangarije mu mujyi wa Gitega, ndetse n’amakosa arimo kunyereza umutungo wa Leta.


