a.jpg

Ibyamamare 10 bifite abandi bantu basa mu buryo butangaje-Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Mu buzima busanzwe abantu cyane cyane ibyamamare baba bifuza kuba umwihariko kugeza no ku isura yabo. Gusa n’ubwo bimeze gutya abantu barasa cyane ndetse na nyirubwite hari igihe abyibonera bitagombeye ko abantu bamubwira ko asa na runaka. Ku ruhande rwa rubanda rwa giseseka ho hari n’abibagisha kugira ngo base n’ibyamamare runaka cyangwa se bahindure ishusho yabo.

Uyu munsi tugendeye ku rutonde rwakozwe na Bright Side, tugiye kubagezaho urutonde rw’ibyamamare 10 bifite abantu basa nabyo neza kandi nta sano y’amaraso bafitanye yewe akenshi batanakomoka mu bihugu bimwe. Itegereze neza urebe ko wabasha gutahura isura y’icyamamare usanzwe uzi.

1.Álvaro Morte
a.jpg
Uyu ni umukinnyi wa filime wo muri Esipanye yitwa Álvaro Antonio García Morte.Yakinnye filime yakunzwe cyane “Lacasa de Papel” yitwa Sergio “El Professor”

2.Ed Sheeran
sheeran.jpg
Amazina ye yose yitwa Eduard Christopher Sheeran. Ni umuhanzi w’Umwongereza wakunzwe mu ndirimbo nka “Shape Of You”,”Perfect” n’izindi.

3.Britney Spears
spears.jpg
Ni Britney Jean Spears akaba ari umuhanzi, umwanditsi n’umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi akaba azwi mu ndirimbo nka “Criminal” na “One More Time”

4.Rihanna
rihanna.jpg
Ni Robyn Rihanna Fenty umuhanzi w’Umunyamerikakazi wamenyekanye mu ndirimbo nka “Diamond” na “Man Down”.

5.Selena Gomez
gomez.jpg
Selena Marie Gomez ni umuhanzi, umwanditsi n’umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi wamenyekanye mu ndirimbo nka “Same Old Love” na “Heart Wants what It Wants”.

6.Shakira
shakila.jpg
Shakira Isabel Mebarak Ripoll ni umunya-Columbia akaba umuririmbyi,umwanditsi n’umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane mu ndirimbo yakoreye igikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru yitwa “Waka Waka”.

7.Angelina Jolie
jolie.jpg
Angelina Jolie ni umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi wamenyekanye muri filime nyinshi zirimo iyitwa “In the Land of Blood and Honey”.

8.Kate Moss
moss.jpg
Katherine Ann Moss ni Umwongerezakazi w’umunyamideri akaba n’umucuruzi.

9.Maisie Williams
williams.jpg
Margaret Constance Williams ni Umwongerezakazi wamamaye cyane nko muri filime yitwa “Game of Thrones” yanyuraga cyane kuri Televiziyo.

10.Blake Lively
blake.jpg
Blake Ellender Lively ni umukinnyi wa filime w’Umunyamerikakazi wamenyekanye muri filime zitandukanye nka “Gossip Girl” na “A Simple Favor”.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ibyamamare 10 bifite abandi bantu basa mu buryo butangaje-Amafoto
    Iyi nkuru ntiyuzuye! amazina y’abo bantu basa n’ibyamamare ari he?

  2. Ibyamamare 10 bifite abandi bantu basa mu buryo butangaje-Amafoto
    Iyi nkuru ntiyuzuye! amazina y’abo bantu basa n’ibyamamare ari he?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *