Ibyishimo byari byose ubwo Ethiopia na Eritrea byongeraga gufungura umupaka ubihuza – Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Nzeri 2018, ibyishimo byari byose ku bayobozi n’abaturage b’ibihugu bya Ethiopia na Eritrea, ubwo byongeraga gufungura ku mugaragaro umupaka ubihuza abaturage babyo bakemererwa kongera kujya no kujyana ibicuruzwa byabo ku ruhande rumwe cyangwa urundi mu bwisanzure, nyuma y’imyaka isaga 20 ibihugu byombi bidacana uwaka.

ethiopia5

Amafoto atandukanye yagiye akwirakwizwa kuri twitter agaragaza igikorwa cyo gufungura umupaka uhuza ibihugu byombi mu mijyi ya Buren a Zalambeesa, abayobozi b’ibihugu byombi bakikijwe n’ingabo z’ibihugu byombi na none. Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed kuri uyu munsi akaba yari yahisemo kwambara impuzankano ya gisirikare mu gihe mugenzi we, Isaias Afwerki, Perezida wa Eritrea, yari yambaye ishati y’amaboko magufi.

ethiopia3

eth0

Abaturage basanzwe ba Ethiopia na Eritrea nabo ntibatanzwe muri uyu muhango, aho bari bitabiriye ari benshi ndetse bamwe bakabasha kongera kubonana n’abo mu miryango yabo n’inshuti batandukanye ubwo Ethiopia na Eritrea byatandukanaga mu myaka isaga 20 ishize.

ethhh

Dore uko byari byifashe mu mafoto

ethiop7
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia mu mpuzankano ya gisirikare

ethiopia4 ethiopia1

ethio
Imiryango itari iherukanye yongeye kubonana
ethhh1
Perezida Afwerki na Minisitiri w’Intebe, Abay basuhuzanya n’abaturage

ethiop

abat3
Umusirikare wa Eritrea n’uwa Ethiopia bongeye kumva ari abavandimwe
abat2
Ingabo z’ibihugu byombi zongeye kugaragara zidatunganye imbunda

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *