54910474778_2b7370cb2d_k

Icya ngombwa si ingano y’imbwa ku rugamba, n’ingano y’urugamba ruri mu mbwa – Kagame

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yongeye kwibutsa abayobozi ko batagomba kwiringira ko hari umuntu wese uzava hanze ngo aze kubakiza, kandi yongera kugaragaza ko nubwo u Rwanda ari igihugu gito Abanyarwanda atari bato ku buryo batahangana n’imbogamizi zose zabitambika.

54910502764 5bf499503a k

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu Nkera y’Abahizi yanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, mu birori byo gusoza Ihuriro rya 18 rya Unity Club Intwararumuri kuri uyu wa Gatandatu, itariki 8 Ugushyingo 2025.

54910251036 ba4fcb8c34 k

Perezida Kagame yagize ati: “Nk’abayobozi bateraniye hano, niba hari umuntu utekereza ko umuntu wese uturutse hanze azaza kudukiza, uribeshya. Nk’uko bivugwa, ntabwo ari ingano y’imbwa ku rugamba, ahubwo n’ingano y’urugamba iri mu mbwa.

54910250236 20f7d2c6e4 k

Ikibazo, ni urugamba ruri mu mbwa rungana iki? Ikiri muri twe kizadufasha guhangana n’ibibazo igihugu cyacu gihura nabyo? Tugomba kwibaza intego yacu nk’abayobozi b’iki gihugu, kandi twibuke ko ishingiro ry’ibyo dukora byose ishingiye ku mahame ya “Ndi Umunyarwanda.”

54910474993 43d114be1e k

Perezida Kagame yavuze ko aho u Rwanda rwaturutse, n’aho ruri uyu munsi, ari ukubera “mwese hano hamwe n’Abanyarwanda muyobora. Uruhare bagira ntabwo rushidikanywaho.”

Yakomeje agira ati: “Kugirango ibintu bikomeze gutera imbere, ntushobora kwirara kubera iterambere tumaze kugeraho kandi akaba ari wowe ubona inyungu gusa ku bikorwa abandi bakoze.

Menya neza ko udatwarwa mu kigare n’abandi gusa ahubwo ko mu by’ukuri ufitemo uruhare, ukora uruhare rwawe kandi ugatanga umusanzu wawe.

Ibyo ni ngombwa kandi nta kundi byagenda. Tugomba kugira politiki isobanurwa n’intego, icyerekezo no kwiyemeza. Izo ndangagaciro zigomba kugaragarira mu ndangamuntu tubonanamo. ”

54910561405 c4774d8c21 k 1

Perezida Kagame yabwiye abari aho ko nta gihugu cyakizwa no gusabiriza.

Yagize ati: “Nimumbwire mu bice by’Isi byose muzi, mumpe urugero rw’Igihugu abantu bakijijwe n’imiryango itari iya leta? Cyangwa se hari uwakijijwe no gusabiriza kandi ukabona gusabiriza ntabwo bimuteye isoni n’uwo usaba ndetse ukamureba igitsure nk’aho hari icyo agomba kukwishyura.

54910250171 f4f17cb7e6 k

Perezida Kagame kandi mu ijambo rye yakomoje ku masezerano u Rwanda rusinyana na Repubulika ya Demokarasi ya Congo agaragaza ko arimo uburiganya bwinshi ariko ko u Rwanda  rutazihanganira icyo ari cyo cyose cyahungabanya umutekano warwo.

 

Amafoto: paulkagame.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *