Igihangange, Lionel Messi cyatangiye gusubiza PSG amafaranga yagitanzeho kitarayikinira n’umukino wa mbere aho amakuru arimo kuvugwa ubu avuga ko nyuma y’umunsi umwe asinyiye iyi kipe abafana bayo bakoze igisa nko kugaba igitero ku iduka ryayo bashaka kwibikaho umwambaro wa numero 30 Messi azajya yambara.
Ikinyamakuru The Sun cyo mu Bwongereza kiravuga ko iduka ry’ikipe ya Paris Saint-Germain ryagurishije imipira yose yo kwambara ya Lionel Messi ryari rifite mu gihe cy’iminota 30.

Amafoto atandukanye yashyizwe ahagaragara agaragaza uruvunganzoka rw’abafana batonze imirongo miremire imbere y’iduka bashaka kwigurira umupira wa Messi.

Ibi biraba kuri PSG mu gihe ku rundi ruhande itangazamakuru rivuga ko ikipe ya FC Barcelona yavuyemo yo ishobora guhomba akayabo ka miliyoni zisaga 137 z’amayero, angana na 11% by’agaciro k’iyi kipe ku Isoko ry’imigabane.
Kanda hano usome inkuru bisa
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


