Igikombe cy’Isi: U Bwongereza bwahaye Iran umubatizo, mu mukino w’agapingane

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yatangiranye intsinzi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 iri kubera muri Qatar, nyuma yo kunyagira iya Iran ibitego 6-2.

The Three Lions y’u Bwongereza na Team Melli ya Iran bari bahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda B wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Khalifa.

Ni umukino wari utegerejwe na benshi, bijyanye no kuba u Bwongereza na Iran bisanzwe birebana ay’ingwe; ahanini kubera impamvu za Politiki.

Byasabye umunota wa 35 w’umukino kugira ngo Abongereza bafungure amazamu, biciye kuri Jude Bellingham. Hari ku mupira uyu musore wa Borussia Dortmund yari ahinduriwe na myugariro Luke Shaw, mbere yo kuwutereka mu izamu n’umutwe.

Iyi kipe y’umutoza Gareth Southgate yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 43 biciye kuri Bukayo Saka; mbere y’uko Raheem Sterling ayitsindira igitego cya gatatu ku munota wa 45+1 nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Kapiteni Harry Kane.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Abongereza bari imbere n’ibitego 3-0 bwa Iran barushaga mu nguni zose z’ikibuga.

Igice cya kabiri cy’umukino cyatangiranye igitutu ku kipe y’Abongereza yashakaga igitego cya kane, bisaba umunota wa 62 w’umukino ngo babigereho biciye kuri Bukayo Saka.

Hari ku mupira uyu musore ufite inkomoko muri Nigeria yari ahawe na Raheem Sterling; mbere yo kuwutereka mu izamu abanje kwandagaza ba myugariro ba Iran.

Iyi Iran yabonye uburyo bw’ibitego bubarirwa ku ntoki yafunguye amazamu ku munota wa 65 ibifashijwemo na Mehdi Taremi wari uhawe umupira mwiza na Gholizadeh.

Iki gitego cyakurikiwe n’icya gatanu cy’Abongereza cyo ku munota wa 71 ibifashijwemo na Marcus Rashford; mbere y’uko Jack Greleash usanzwe akinira Manchester City atsinda icya gatandatu cy’agashinguracumu ku munota wa 90 w’umukino.

Iran yatsinze igitego cya kabiri mu minota 10 y’inyongera ibifashijwemo na Mehdi Teremi kuri Penaliti, nyuma y’uko uyu rutahizamu wa FC Porto yari amaze gukururirwa mu rubuga rw’amahina na myugariro John Stones.

Ni igitego cyaje gikurikira uburyo buremereye Sardar Azmoun yari amaze kubona ubwo yahabwaga umupira na mugenzi we Mehdi Torabi; arekuye ishoti rikomeye umupira ushyirwa muri koruneri n’umunyezamu Jordan Pickford.

Gutsinda uyu mukino byatumye Abongereza bahita bayobora itsinda rya kabiri (B) n’amanota atatu, mu gihe hagitegerejwe undi mukino wo muri iri itsinda ugomba guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Wales.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *