6506846

Igipolisi cy’u Budage cyarasanye n’abasirikare bari mu myitozo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu ushize, abayobozi bavuze ko umusirikare yarashwe n’abapolisi ubwo yari mu myitozo minini y’Igisirikare cy’u Budage (Bundeswehr), mu mujyi wa Erding wo mu majyepfo ya Bavaria.

Umuvugizi w’ubuyobozi bukuru bwa Bundeswehr yatangarije itangazamakuru ry’u Budage ko kwibeshya kwatumye habaho kurasana hagati y’abasirikare bitabiriye imyitozo n’abapolisi bari bahamagawe n’abaturage baho.

Uyu musirikare warashwe yavuye mu bitaro, aho yavuriwe ibikomere byoroheje nk’uko umuvugizi na polisi yaho babitangaza.

Kuki abapolisi b’Abadage barashe ku basirikare?

Mu rwego rw’imyitozo yiswe Marshal Power, Bundeswehr kuri ubu irimo gukora imyitozo irimo abapolisi ba gisirikare (MP) bagera kuri 500 ndetse n’abantu babarirwa mu magana batabara mbere bo mu gipolisi, abazimya umuriro n’abashinzwe ubutabazi.

Iyi myitozo ikorerwa ahantu rusange mu mijyi minini n’imito ya Bavaria iri mu majyaruguru ya Munich, harimo no muri Erding, kugira ngo bimenyereze guhangana n’igitero cyagabwa kuri iki gihugu kibarizwa mu Muryango wa NATO.

Igipolisi cya Bavaria cyatangaje ko cyasubije amakuru cyakiriye y’umugabo witwaje imbunda cyohereza imitwe myinshi ya polisi mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Erding, harimo na kajugujugu, ku mugoroba wo ku wa Gatatu, birangira habayeho kurasana n’abasirikare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *