Igisirikare cya Amerika kiryamiye amajanja kiteguye guhangana na Koreya ya Ruguru

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ibiro bikuru bya gisirikare bya Leta zunze ubumwe za Amerika, Gen Mark Milley, yatangaje ko abasirikare ayoboye, biteguye ko isaha ku isaha bashobora kwambarira urugamba.

Gen Mark Milley, yatangaje ibi mu nama yabaye ku wa Kabiri tariki ya 10 Ukwakira 2017, i Washington mu nama ya buri mwaka itegurwa n’igisirikare cya Amerika.

Nk’uko radiyo Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ibitangaza, ivuga ko Gen Mark Milley abitangaje nyuma y’umunsi umwe, umunyamabanga muri Minisiteri y’ingabo na we atanze amabwiriza ku gisirikare, kuryamira amajanja ko urugamba rushobora kurota hagati yabo na Koreya ya Ruguru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Gen Milley kandi yavuze ko umubano wa Amerika na Koreya ya Ruguru ukiri mu rwego rw’ububanyi n’amahanga, ariko ko ibyo bitabuza igisirikare guhora kiteguye.

Amerika isaba Koreya ya Ruguru guhagarika umushingwa wa yo go kugerageza ibisasu bya kirimbuzi ikavuga ko idateze gusubira inyuma ku byo yiyemeje, ndetse igashinja Amerika gusuzugura amahanga no kwivanga muri politiki z’ibindi bihugu, Perezida Kim Jong wa Koreya ya Ruguru akavuga ko ‘nta munsi n’umwe azagendera ku gasuzuguro ka Amerika”.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *