Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mpera z’ukwezi gushize yahagaritse inkunga ya gisirikare ingana na miliyoni 130 z’amadorali mu Misiri kubera ibibazo by’uburenganzira bwa muntu, nyuma y’iminsi mike yemeye ariko kugurisha iki gihugu intwaro zingana na miliyari 2.5 $.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga mu mpera za Mutarama yavuze ko Misiri itujuje ibyangombwa byo kwakira miliyoni 130 z’amadolari y’Amerika yo gutera inkunga ingabo z’amahanga yahagaritswe kuva muri Nzeri. Yavuze ko amafaranga azoherezwa mu zindi gahunda.
Ngo Misiri yananiwe kubahiriza amahame yo kurengera uburenganzira bwa muntu yashyizweho na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, kandi igihe ntarengwa cyo ku ya 30 Mutarama nticyubahirijwe nk’uko iyi nkuru dukesha AfricaMilitaryBlog ikomeza ivuga.
N’ubwo amakuru arambuye atigeze atangazwa ariko, raporo ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga kuva muri Werurwe yongeye kwerekana ibibazo byinshi by’uburenganzira bwa muntu mu Misiri birimo kwica abantu bataburanishijwe, ubwicanyi ndengakamere, kunyerezwa ku gahato, iyicarubozo, gufunga binyuranyije n’amategeko, gufunga abanyapolitiki, kubuza uburenganzira bwo gutangaza icyo utekereza, ubw’itangazamakuru, n’ubwisanzure bwo kwishyira hamwe, ihohoterwa rito ndetse n’imirimo ikoreshwa abana ku gahato.
Amerika ariko ikomeje gutanga inkunga ingana na miliyari 1.3 z’amadorali buri mwaka kandi Misiri izakomeza kubona inkunga ingana na miliyoni 170 z’amadolari muri miliyoni 300 z’amadolari Amerika yateganyaga kohereza mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Miliyoni 130 zahagaritswe ni agace gato ka miliyari 1.3 z’amadorali Amerika muri rusange iha Misiri buri mwaka, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ikaba yavuze ko miliyoni 130 ari zo zishobora guhagarikwa uyu mwaka w’ingengo y’imari.


