Abakandida 15 kugeza ubu bamaze kwemererwa kwitabira amatora y’umukuru w’igihugu muri Senegal nyuma y’icyemezo cy’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga rya Senegal cyanze iyimurwa ry’amatora
Uru rukiko rwangiye Macky Sall kwigiza inyuma amatora , rwanzura ko agomba kuba muri uyu mwaka aho kuba mu mwaka utaha.
Ni nyuma y’uko uyu muyobozi kuri uyu wa Mbere yatangaje ko yagiye guhura n’abagishwanama be, kugirango bemeze gahunda nshya y’amatora y’umukuru w’igihugu
Uretse gushyiraho italiki y’amatora, haganiriweho uburyo bwo kwiyamamaza byaba bibaye ngombwa hagakorwa n’ikiciro cya kabiri cy’amatora.
Biteganyijwe ko nta gihindutse, amatora yazaba bitarenze taliki 2 Mata 2024.


