Ihuriro Azimio la Umoja ry’umukandida Raila Odinga uhatanira umwanya wa Perezida wa Kenya, ryanze ibirava mu matora yabaye mu cyumweru gishize mbere y’uko bishyirwa hanze.
Mu mwanya uri imbere ni bwo komisiyo yigenga ishinzwe amatora, IEBC, iratangaza ibyavuye muri aya matora. Iki gikorwa kirabera mu muhango wateguriwe mu cyumba kini cya Bomas, giherereye mu karere ka Langata, i Nairobi.
Abakandida bahatanira uyu mwanya barimo William Ruto bamaze kugera muri iki cyumba, gusa Raila Odinga we ntarahagera, keretse abo mu ihuriro rye.
Umuyobozi ukuriye abakurikiranira Odinga uburyo amatora yagenze n’uburyo amajwi abarurwa, Saitabao Ole Kanchory yatangaje ko amajwi yibwe, asaba abakozi ba IEBC babigizemo uruhare gutabwa muri yombi.
Kanchory yagize ati: “Dufite amakuru y’ubutasi yemeza ko sisitemu yinjiriwe, iribwa kandi bamwe mu bakozi ba IEBC bakoze ibyaha by’amatora, bamwe muri bo bakabaye batabwa muri yombi niba bataratabwa muri yombi.”
Uyu muyobozi yavuze ko ihuriro Azimio ryifuza kureba ibyavuye mu matora, rikabigenzura hanyuma rikabona gusaba Raila kujya muri Bomas kwitabira umuhango wo gutangaza uwatsinze aya matora.
Hari ubwoba ko ibirava muri aya matora bishobora gutuma muri Kenya hongera kuba imvururu nk’uko byagenze mu 2017 ubwo Perezida Uhuru Kenyatta uri gucyura igihe yatsindaga Raila Odinga.
Prof. Wajackoyah na we yanze ibirava mu matora
Prof. Wajackoyah wahagarariye ishyaka Roots Party muri aya matora, na we yamenyesheje itangazamakuru riri i Bomas ko ataremera ibirava muri aya matora, ataremererwa kubanza gusuzuma amajwi.
Uyu mukandida waranzwe n’udushya ubwo yiyamamazaga, yemeje ko yibwe amajwi n’amashyaka abiri. Ati: “Ntabwo turemera ibiravamo keretse buri kimwe nikibanza gusuzumwa. Ntitubyemera, Raila yatsinda, Ruto yatsinda cyangwa njyewe ngatsinda. Amajwi yanjye yibwe n’amashyaka yombi kubera ko nabuze abangenzurira. Ariko icyo navuga ni uko igihugu ari icyacu twese, ntabwo twagira ubuyobozi bw’uruhande rumwe.”
Ishyaka rya Prof. Wajackoyah ku wa 13 Kanama 2022 ryatangaje ko rifite icyizere ko azegukana intsinzi. Icyo gihe ibyavuye mu matora by’agateganyo byagaragazaga ko afite amajwi abarirwa muri 0.40%. Ruto ni we wari imbere n’abarirwa muri 51%, Raila akurikiraho n’abarirwa muri 48%.
Undi mukandida uhatanira uyu mwanya, Waihiga Mwaura we ubwo yari amaze kubona ko afite amajwi y’agateganyo 0.23% yatangaje ko yemeye ko yatsinzwe.
Ubwoba bw’uko muri Kenya hashobora kuba imvururu bitewe no kutemeranya kw’abakandida ku birava mu matora bwatumye bamwe mu Banyakenya bahungira mu bihugu nka Uganda ubwo bari bamaze gutora.



2 Responses
Ihuriro rya Raila Odinga ryanze ibirava mu matora y’Umukuru w’Igihugu bitarashyirwa hanze
Mungu dusadie
Ihuriro rya Raila Odinga ryanze ibirava mu matora y’Umukuru w’Igihugu bitarashyirwa hanze
Mungu dusadie