Ijambo rya Trump kuri Yerusalemu ni ryo ryatumye Al Shabaab irasa muri Kenya

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab wahishuye ko ijambo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, ku mujyi wa Yerusalemu uri muri Israel ari ryo ryatumye igaba igitero muri Kenya.

Al Shabab yabitangaje ubwo yashyiraga hanze imyirondoro y’abarwanyi bayo batanu bagabye igitero kuri hoteli ya Dusit D2 iri muri Nairobi tariki ya 15 Kamena 2019, ibicishije kuri videwo y’iminota 7. Abo barimo batatu bakomoka muri Kenya, na babiri bakomoka muri Somalia.

Iki gitero cyatwaye ubuzima bw’abantu bagera kuri 21 barimo Abanyakenya 16, Umunyamerika umwe, umunya-Afurika y’Epfo, Umwongereza n’abandi batatu imyorondoro yabo itari yakamenyekanye. Ingabo za Kenya zatangaje ko zarokoye ababarirwa muri 700.

Muri iyi videwo, aba barwanyi batanu bati: “Twihimuraga kuri Perezida wa Amerika Donald Trump wari wemeje ko Yerusalemu ari umurwa mukuru wa leta y’Abayahudi, Israel” nk’uko Daily Nation yabitangaje.

Mu Kuboza 2017 ni bwo Perezida Trump yatangaje ko Yerusalemu ari umurwa mukuru wa Israel, yemeza ko Ambasade yayo igomba kuva muri Tel Aviz ikimukirayo. Ni icyemezo cyarakaje Palestine, kuko Yerusalemu ari umujyi buri ruhande ruvuga ko ari uwarwo, ikaba imwe mu mpamvu zitumye ibi bihugu bidacana uwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *