Ikipe y’Igihugu ya Eritrea ntabwo izitabira Tour du Rwanda 2022

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Eritrea y’umukino wo gusiganwa ku magare, yamaze gutangaza ko itazitabira isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rya Tour du Rwanda 2022, nyuma yo gusanga itashobora kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 azaba agenga ririya siganwa.

Tour du Rwanda izaba ikinwa ku nshuro yayo ya 14, iteganyijwe hagati y’itariki ya 20 n’iya 22 Gashyantare 2022. Eritrea ni imwe mu makipe y’ibihugu yari imaze igihe yitabirira iri siganwa kuva ryakinwa bwa mbere mu mwaka wa 2009.

Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bubicishije ku rubuga rwa Twitter rw’iri siganwa, bwavuze ko kuri iyi nshuro Eritrea itazitabira kubera ko itashobora kubahiriza amabwiriza yashyizweho n’abategura ririya siganwa rifatwa nk’irya mbere ku mugabane wa Afurika.

Mu mabwiriza yashyizweho Eritrea yagaragaje ko itabasha kubahiriza, harimo kuba abazitabira Tour du Rwanda 2022 bagomba kuba barafashe byibura inkingo ebyiri z’icyorezo cya COVID-19.

Kugeza ubu Eritrea ni cyo gihugu cyonyine ku mugabane wa Afurika kitaratangira gukingira abaturage bacyo icyorezo cya COVID-19, ibyanatumye ikipe ya kiriya gihugu ibura amahirwe yo kwitabira Tour du Rwanda y’uyu mwaka.

Ni mu gihe iyi kipe yari yakunze kwitwara neza mu masiganwa ya Tour du Rwanda yagiye aba mu myaka yatambutse, arimo nk’irya 2020 yegukanyemo umwanya wa kabiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *