Imbwa yaciye agahigo ko kubaho imyaka myinshi kurusha izindi

Sangiza iyi nkuru

Imbwa yitwa Bobi ifite imyaka 30 n’iminsi 226 yo mu gihugu cya Portugal, guhera tariki ya 1 Gashyantare 2023 yaciye agahigo ko kuba ariyo ikuze kurusha izindi ku Isi.

Imbwa yari ifite agahigo ko kuba ikuze kusha izindi n’imbwa yitwa Bluey yo muri Australia yapfuye mu 1939 ifite imyaka 29 n’amezi atanu.

Nk’uko Guinness World Records ibitangaza, imyaka ya Bobi yemejwe n’ububiko bw’amakuru y’amatungo muri guverinoma ya Portugal, buyobowe n’abaganga b’amatungo.

Yabwaguriwe mu gace ka Conqueiros, hafi y’inyanja y’iburengerazuba bwa Portugal hamwe n’ibindi bibwana bitatu.

Guinness imaze kuvugurura inyandiko zayo, kandi itangaza ko Bobi ari imbwa ikuze yabayeho, ndetse kandi bikaba bigaragara ko igikomeje gukura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *