Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze mu gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage bayibamo ( Crime Index), mu 2021 rwerekanye imijyi yo ku Isi, kuyibamo, biba bishoboka ko isaha iyo ari yo yose umuntu yagirirwa nabi. Numbeo itangaza ko mu kugena uko imijyi ikurikirana kuri iyi ngingo, yagiye ireba ibirimo: impungenge zo guhohoterwa, kwibasirwa, gutukwa, igipimo cy’ibyaha bikorwa, ubwiyongere bw’ibyaha mu gihe cya vuba, ubwambuzi, ubwicanyi, kwiyahura, uko umutekano wifashe muri rusange n’andi mabi. Uru rubuga ruvuga ko mu gukora urutonde yifashisha amakuru ya vuba yo mu mezi 36 ashize. Ivuga ko iyo ibyaha biri ku kigero kiri hagati ya 20% na 40% aho biba biri hasi, 40% na 60% bikaba bidakabije, 60% na 80% bikaba biri hejuru naho kuva kuri 80% bikaba biri hejuru cyane. Hagendewe ku byavuzwe haruguru, dore uko iyi mijyi ikurikirana ku Isi 10. Rio de Janeiro muri Bresil: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 77.52% naho umutekano ukaba uri ku gipimo cya 22.48% 9. Fortaleza muri Bresil: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 78.16 naho umutekano ukaba uri ku gipimo cya 21.84% 8. Natal muri Bresil: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 79.21% naho umutekano uri ku gipimo cya 20.79% 7. Pietermaritzburg muri Afurika y’Epfo: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 79.73% naho umutekano uri ku gipimo cya 20.27% 6. San Pedro Sula muri Honduras: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 80.4% naho umutekano uri ku gipimo 19.96% 5. Johannesburg muri Afurika y’Epfo: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 80.64% naho umutekano uri ku gipimo 19.35% 4. Durban muri Afurika y’Epfo: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 80.84% naho umutekano uri ku gipimo 19.16% 3. Pretoria muri Afurika y’Epfo: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 81.94% naho umutekano uri gipimo cya 18.6% 2. Port Moresby muri Papua New Guinea: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 82.4% naho umutekano uri gipimo cya 17.96% 1. Caracas, Venezuela: Igipimo cy’ibyaha kiri kuri 84.68% naho umutekano uri gipimo cya 15.32% Numbeo ni urubuga rwizewe ruhurizwaho amakuru ku ngingo nyinshi ku bijyanye n’ubuzima, ibyaha, ibiciro n’irindi barurishamibare. Rwashinzwe na Adamovic Mladen mu 2009. Amakuru yarwo akunze kwifashishwa na UN, ibigo byayo nka FAO ndetse na Banki y’Isi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Ingamba zikomeye kuri COVID-19 (GumMurugo, Guma Karere) Leta ifata zungura umuturage? Ninde uhomba?
youtube.com


