Imitoma ya Denise ku mugabo we Félix Tshisekedi, ku munsi w’amavuko

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wagize isabukuru y’amavuko, kuri uyu wa 13 Kamena 2021 yatewe imitoma n’umufasha we, Denise Nyakeru Tshisekedi.

Ku rubuga rwa Twitter, Denise yashyize akavidewo k’amasegonda ane, kamugaragaza yicaranye na Tshisekedi, bombi bamwenyura mu buryo bugaragaza ko bari mu bihe byiza.

Kuri iyi videwo, yageretseho ubutumwa bugira buti: “Mpaye umugisha uyu munsi wawe w’amavuko. Nejejwe no kukwifuriza ibyiza! Uwiteka aguhe ubwenge no gutinya Izina rye kandi ahe umugisha ibintu byose mu buzima bwawe. Urakoze guhora umbereye ugutwi, urutugu n’umutima. Ndagukunda Félix.”

Félix Tshisekedi yujuje imyaka 58 y’amavuko.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *